Ibi Perezida Kim yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Koreya ya Ruguru nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru KCNA kuri uyu wa Kabiri.
Yavuze ko nta gishobora gusubiza inyuma umugambi wa Koreya ya Ruguru wo kuba mu bihugu bitunze intwaro za nucléaire no kurushaho kongera umubare wazo hagamijwe ubwirinzi.
Yakomeje avuga ko izi ntwaro ari ingenzi ku mutekano w’igihugu, ituze ry’akarere ndetse n’iterambere mu by’ubukungu.
Ati “Ukuri kw’Isi yo muri iyi minsi ni uko agaciro n’uburenganzira bw’ibihugu bifite ubusugire bihonyorwa n’ibindi bihugu. Ibi byigisha icyo bisaba ngo ibihugu bikomeze kubaho no kugira amahoro.”
Perezida Kim yavuze ko kugeza ubu afata Koreya y’Epfo nk’igihugu cy’abanzi, ndetse aburira abayobozi bayo ko nibagerageza gutera Koreya ya Ruguru nta mbabazi bazagirirwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!