Biden agiye muri Israel nyuma y’icyumweru n’iminsi mike Israel yinjiye mu ntambara, nyuma yo kugabwaho ibitero bitunguranye n’umutwe wa Hamas ubarizwa muri Gaza.
Bivugwa ko ari uruzinduko rugamije kugaragaza umuhate wa Amerika mu gushyigikira ubusugire bwa Israel.
Abanya-Israel basaga 1400 bamaze kwicwa n’ibitero bya Hamas mu gihe abanya-Palestine basaga 2800 bamaze kwicwa n’ibitero byo kwihimura bya Israel.
Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwa Biden azahura n’umwami wa Jordanie ku bufasha bwatangwa ngo hitabwe ku baturage ba Gaza bagotewe muri iyo ntara n’ingabo za Israel. Azahura kandi na Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!