00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Emmanuel Macron yashinjwe gushaka kwicisha Candace Owens

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 23 November 2025 saa 10:03
Yasuwe :

Impirimbanyi y’Umunyamerika uzwiho gutangaza ibitekerezo bikaze bya politiki, Candace Owens, yavuze ko Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yaratanze uburenganzira bwo kumwica, nyuma yo kuvuga ko umugore we Brigitte Macron yavutse ari umugabo.

Owens ukunzwe cyane kuri YouTube no mu biganiro bya podcasts, yagejejwe mu nkiko n’umuryango wa Macron nyuma yo gutangaza uruhererekane rw’ibiganiro yise ‘Becoming Brigitte’, aho yanavuze ko Brigitte afitanye isano ry’amaraso na Emmanuel Macron.

Uyu mugore yavuze kandi ko Perezida Macron yigeze kugira imikoranire na CIA muri gahunda yari igamije kumusuzumisha ibibazo by’imitekerereze.

Mu butumwa Owens yashyize kuri X ku wa 21 Ugushyingo 2025, yavuze ko yabwiwe n’umukozi wo ku rwego rwo hejuru muri Leta y’u Bufaransa ko uyu muryango ufite umugambi wo kumwica hamwe n’umunyamakuru w’Ubufaransa, Xavier Poussard.

Poussard, wahoze ari umwanditsi mukuru wa ‘Faits et Documents’, na we ni umwe mu bakwirakwije inyandiko ivuga ko Brigitte Macron yapfuye akiri muto, nyuma mukuru we ‘Jean-Michel Trogneux’ agahindura igitsina maze akigira Brigitte mbere yo gushakana na Emmanuel Macron.

Impaka ku bijyanye n’imyirondoro ya Brigitte Macron zatangiye mu 2021, ubwo Amandine Roy n’undi munyamakuru witwa Natacha Rey batangazaga ko yavutse ari umugabo.

Mu 2024, urukiko rw’u Bufaransa rwemeje ko ayo makuru ari ibinyoma, ariko urukiko rw’ubujurire ruhindura icyo cyemezo muri Nyakanga 2025.

Candace Owen yatangaje ko Emmanuel Macron ashaka kumwica

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages