Mu kiganiro yagiranye na USA Today, Perezida Biden w’imyaka 82 yavuze ko nubwo yizera ko yari gutsinda, yari afite impungenge z’uko atazashobora kuyobora indi myaka ine kubera izabukuru.
Yagize ati “Ubwo Trump yongeraga kwiyamamaza, numvaga mfite amahirwe menshi yo kumutsinda, ariko sinashakaga kuba Perezida mfite imyaka 85, 86.”
Biden yavuze kandi ko akiri gutekereza ku gutanga imbabazi ku bantu batarakatirwa barimo uwahoze ari umudepite wo mu ishyaka ry’Aba-Républicain, Liz Cheney, n’uwahoze ari umuyobozi ushinzwe kurwanya Covid-19, Dr. Anthony Fauci.
Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko igitekerezo cyo kubabarira aba bantu yakiganiriyeho na Trump, ubwo bahuraga nyuma y’amatora. Yongereyeho ko Trump yamushimiye aho agiye gusiga Amerika mu rwego rw’ubukungu.
Perezida Biden yanavuze ku mbabazi yahaye Hunter Biden wari ugiye gukatirwa ku byaha bibiri; icyo kunyereza imisoro no kugura imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, asobanura ko umwana we yari yarenganyijwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!