00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Paul Biya w’imyaka 92 agiye kongera kwiyamamariza kuyobora Cameroun

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 July 2025 saa 11:33
Yasuwe :

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, w’imyaka 92 akaba Umukuru w’Igihugu ukuze kurusha abandi bose ku Isi, yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ateganyijwe mu Ukwakira uyu mwaka.

Ibyo yabitangaje kuri uyu wa 13 Nyakanga 2025 abinyujije ku rubuga rwa X, aho yagize ati “Ndi umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika. Mwizere ko umuhate mfite wo kubabera umuyobozi uhamye uhura neza n’ubukana bw’ibibazo duhura na byo muri iki gihe.”

Biya ushaka manda nshya yazatuma aba ku butegetsi kugeza agize imyaka 100, yagiye ku butegetsi bw’icyo gihugu kuva mu 1982, ubwo uwo yasimbuye Ahmadou Ahidjo yeguraga kuri uwo mwanya.

Impungenge ku buzima bwe

Uku gutangaza ko aziyamamaza biraza kuzura impaka ku bijyanye n’ubushobozi bwa Perezida Paul Biya bwo gukomeza kuyobora igihugu kubera ubuzima bwe. Perezida Biya asanzwe adakunze kwigaragaza mu ruhame, ahubwo inshingano nyinshi aziharira umunyamabanga mukuru w’ibiro bye.

Mu Ukwakira umwaka ushize, Biya yagarutse muri Cameroun nyuma y’iminsi 42 yari amaze hanze y’igihugu, ibintu byatumye hibazwa cyane ku buzima bwe. Nubwo guverinoma yahakanye ko afite ikibazo cy’uburwayi, yanaciye burundu ikiganiro icyo ari cyo cyose kijyanye n’ubuzima bwe, ivuga ko ari ikibazo kijyanye n’umutekano w’igihugu.

Mu mwaka wa 2008, Biya yahinduye Itegeko Nshinga arikuramo ingingo yagenaga umubare ntarengwa wa manda perezida yemerewe, bimuha inzira yo kwiyamamaza inshuro zose ashaka. Mu matora ya 2018, yegukanye intsinzi ku majwi 71.28%, nubwo abatavuga rumwe na leta bavuze ko habayeho uburiganya bukabije mu migendekere y’ayo matora.

Paul Biya w'imyaka 92 agiye kongera kwiyamamariza kuyobora Cameroun

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages