00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Leo yatiye indege

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 June 2026 saa 07:48
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo yatijwe indege n’Umwami wa Espagne, Felipe VI, nyuma y’uko iyi igize ikibazo gituma idashobora gukora ingendo.

Amakuru yashyizwe hanze na Reuters avuga ko indege izwi nka ‘Shepherd One’ Papa Leo asanzwe akoresha yagize ikibazo ubwo yari ku kirwa cya Tenerife muri Espagne, ndetse bitinza urugendo rwe rwo gusubira i Vatican. Ibi byabaye ku wa 12 Kamena 2026.

Guverinoma ya Espagne yavuze ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Falcon ikoreshwa n’Umwami w’iki gihugu yasubije i Vatican Papa Leo hamwe n’abandi bantu be ba hafi. Abanyamakuru n’abandi basigaye bo batwawe n’indi ndege.

Bivugwa ko indege Papa Leo asanzwe akoresha yagize ikibazo cya moteri ku buryo idashobora kwaka. Ni ikibazo cyavutse abagenzi bamaze kuyigeramo, biba ngombwa ko basohoka.

Papa Leo yagize iki kibazo ubwo yiteguraga gusubira i Vatican nyuma y’uruzinduko rw’akazi yari amaze iminsi agirira muri Espagne.

Mu busanzwe Vatican nta ndege igira yihariye ya Papa, ahubwo iyo afite ingendo ikodesha indege, ariko igahita ifata izina rya ‘Shepherd One’. Iyagize ikibazo yari yakodeshejwe Sosiyete ya Iberia.

Muri uru ruzinduko Papa Leo yakoresheje indege ya Iberia, gusa nyuma igira ikibazo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages