Umutwe wa ’Balochistan Liberation Army’ uharanira ubwigenge bw’Intara ya Balochistan wigambye kugaba iki gitero, ukavuga ko cyari kigamije kwica abasirikare ba Pakistan bari bavuye mu myitozo muri iyo Ntara.
Mu baguye muri iki gitero cyagabwe ku muhanda wa gari ya moshi, harimo abasirikare n’abasivile. Umubare w’abaguye muri iki gitero ushobora kwiyongera cyane ko mu bakoremeretse harimo abafite ibikomere bishobora kubatwara ubuzima.
Intara ya Balochistan niyo nini muri Pakistan ndetse niyo ifite umutungo kamere mwinshi, icyakora niyo ntara ikennye kurusha izindi mu gihugu. Umutwe wa ’Balochistan Liberation Army’ uvuga ko iyi ntara yirengagijwe n’ubuyobozi, bityo ugasaba ko yabona ubwigenge kugira ngo irusheho kwikorera igenamigambi rikwiriye, bityo itere imbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!