Ibiganiro byabereye mu muhezo muri Kremlin ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, mu gihe Washington ikomeje imbaraga za dipolomasi zigamije gushaka uko intambara imaze igihe hagati y’u Burusiya na Ukraine yarangira.
Witkoff, intumwa yihariye ya Trump, na Kushner, umukwe wa Perezida wa Amerika, baganiriye na Putin ku byo Ibiro bya Perezida wa Amerika byise “gahunda zifatika” z’ibyiciro bizakurikiraho mu gushaka igisubizo cy’intambara.
Umwe mu bayobozi bo muri White House yabwiye AFP ko ibyemezo bijyanye n’ibyaganiriweho bizatangazwa mu byumweru biri imbere.
Yagize ati “Intumwa za Amerika zaganiriye kuri gahunda zifatika z’ibyiciro bizakurikiraho, zizatangazwa mu byumweru biri imbere. Zitegereje kandi kugirana ibiganiro nk’ibi bitanga umusaruro muri Ukraine.”
Yuri Ushakov, Umujyanama wa Putin mu bijyanye na politiki y’ububanyi n’amahanga, yavuze ko ibiganiro byabaye ari ibyubaka, birimo kuvugisha ukuri kandi bifite akamaro.
Icyakora, nta ruhande rwigeze rutangaza ko hari intambwe ikomeye yatewe cyangwa ngo rutange amakuru arambuye ku myanzuro yafatiwe muri ibyo biganiro.
Witkoff na Kushner bari bategerejwe i Kyiv ku Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026, kugira ngo bagirane ibiganiro n’abayobozi ba Ukraine muri gahunda ya Amerika yo gushaka uko intambara yahagarara.
Uru ruzinduko rubaye mu gihe muri Ukraine hakomeje kugaragara ugushidikanya ku kuba ibi biganiro bishya byatanga igisubizo kimaze igihe gitegerejwe.
Umunyamakuru wa France 24, Gulliver Cragg, yavuze ko kuba ibiganiro by’i Moscow byarangiye nta ntambwe ifatika itangajwe, hari bamwe muri Ukraine babibona nk’ikimenyetso kibi.
Putin na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, bari bemeranyije guhagarika by’agateganyo ibitero byibasira imirwa mikuru y’ibihugu byombi mu gihe ibiganiro byari bikomeje.
Ibiganiro by’i Moscow biri mu murongo mushya wa dipolomasi watangijwe na Washington, Moscow na Kyiv. Icyakora, impande zombi ziracyafite ibyo zitumvikanaho ku bisabwa kugira ngo imirwano ihagarare burundu.
White House yatangaje ko yizeye ko ibiganiro bizabera muri Ukraine bizatanga umusaruro nk’ibyabereye i Moscow, ariko ntiyatangaza igihe gahunda z’ibyiciro bizakurikiraho zizashyirwa ku mugaragaro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!