Ni ibirori byabaye ku wa 9 Gicurasi 2026, i Moscow kuri Red Square. Uyu munsi kandi uba ari uw’ikiruhuko mu rwego rwo guha icyubahiro abaturage n’abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete barenga miliyoni 27 bapfiriye mu ntambara y’Isi.
Ibi birori ubusanzwe birangwa n’akarasisi ka gisirikare, kumurika intwaro zihambaye za gisirikare, imyiyereko y’indege n’ibindi. Kuri iyi nshuro akarasisi nubwo imibare y’abagakoze itaratangazwa wabonaga ko ari bake ugereranyije n’akarasisi kakozwe muri ibi birori mu myaka yashize, aho nko mu 2025 kakozwe n’abasirikare barenga ibihumbi 11.
Uyu munsi kandi nta kumurika intwaro zikomeye kwabayeho, aho ubusanzwe hamurikwaga ibisasu bikomeye, imidoka z’intambara ndetse n’izindi ntwaro z’ikoranabuhanga.
Amakuru dukesha AP News kandi agaragaza ko mu mujyi wa Moscow umutekano wari wakajijwe mu rwego rwo hejuru ahanini birinda ko habaho ibitero biva muri Ukraine bigamije kwangiza ibi birori.
Mu karasisi kandi hagaragayemo abasirikare b’igisirikare cya Koreya ya Ruguru gusa, mu gihe mu mwaka ushize harimo ibihugu bigera kuri 13.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yavuze ko bazahora bibuka Abasoviyete nk’abantu batabaye igihugu n’Isi muri rusange.
Ati “Tuzakomeza twibuka Abasoviyete kuko nibo bafashe umwanzuro wo kurwanya Aba-Nazi ndetse baratsinda batabara igihugu n’Isi, bashyira iherezo ku bantu batagira imbabazi. Bahaye ubwigenge ibihugu byari byarafashwe n’Abanazi.”
Yavuze ko intsinzi y’Abasoviyete itera imbaraga abandi basirikare bari ku rugamba, n’ubwo bahanganye n’abantu bashyigikiwe n’umuryango wa NATO ariko ntakabuza iyo ntambara nayo bazayitsinda.
Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida wa Belarus Alexander Lukashenko, Umuyobozi w’Ikirenga wa Malaysia, Sultan Ibrahim, Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, Perezida wa Uzbekistan, Shavkat Mirziyoyev, n’abandi.
Ibi birori byabaye nyuma y’uko u Burusiya butanze agahenge k’iminsi ibiri mu ntambara bahanganyemo na Ukraine hagamijwe kwizihiza uyu munsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!