Ibi yabivuze ku wa 7 Kanama 2025 mu kiganiro yagiranye na Fox News. Yavuze ko Israel nimara guca Hamas muri Gaza, aka gace kazegurirwa ibindi bihugu by’Abarabu bizabasha kukayobora neza.
Ati “Icyo dushaka ni umutekano, gukura Hamas hariya, gutuma abaturage bo muri Gaza babaho mu mahoro, hanyuma ubuyobozi tuzabuhe abandi bantu batari Hamas cyangwa abandi bantu bashaka ko Israel isenyuka.”
Yakomeje avuga ko muri gahunda bafite iyo kuyobora Gaza yo itarimo kuko icyo bifuza ari umutekano ku mbibi z’ibihugu byombi.
Ati “Ntabwo Israel ishaka kugumana Gaza ariko dushaka umutekano ku mbibi zayo. Twe ntabwo dushaka kuyiyobora ahubwo turashaka kuyiha Abarabu kugira ngo bayiyobore neza.”
Si ubwa mbere Israel yaba iyoboye Gaza biramutse bibaye, kuko guhera mu mu 1986 Gaza yayoborwaga na Israel kugeza mu 2005, ubwo Israel yakuraga ibikorwa byayo byose muri Gaza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!