00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Netanyahu ku gitutu cy’uko yaba yaraburiwe iby’igitero cyagaritse ingogo mu Banya-Israel akaryumaho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 September 2026 saa 11:14
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yanenzwe bikomeye n’abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yamunosheyeho ku itegurwa ry’igitero cyo ku wa 7 Ukwakira undi ntabyiteho.

Bivugwa ko uyu muyobozi yaburiye Netanyahu habura iminsi mike ngo kigabwe. Inkuru y’ikinyamakuru Haaretz ivuga ko Netanyahu yananiwe kubimenyesha abakuru bashinzwe umutekano.

Abatavuga rumwe na Netanyahu bavuga ko adakwiriye kuyobora iki gihugu kuko yamenye ayo makuru akanuma.

Ni igitero cyahitanye ubuzima bw’Abanya-Israel barenga 1200 abandi 250 barashimutwa, ibyatumye Israel igaba ibitero muri Gaza ikahasenya kakahava.

Mu nkuru yakuwe mu gitabo kiri gutegurwa n’abanyamakuru bayo, Haaretz, yavuze ko Perezida wa UAE, Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yavuganye na Netanyahu hasigaye icyumweru n’igice ngo igitero kibe, amubwira ko Hamas yari iri itegura igikorwa gikomeye.

Ibiro bya Netanyahu byamaganye iyi nkuru biyita “ikinyoma cyambaye ubusa”, binahakana ko Netanyahu yavuganye n’umuyobozi wa UAE muri icyo gihe.

Gadi Eisenkot, wahoze ari umuyobozi w’igisirikare akaba yaragaragaye na we uzahatanira umwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Israel mu matora ateganyijwe ku wa 27 Ukwakira, yashinje Netanyahu guhunga inshingano ku makosa yabaye mu rwego rw’umutekano no kwifashisha impamvu ziteye agahinda mu kwirengera. Zimwe muri zo anenga ni nk’izo kuvuga ko ubwo hagabwaga igitero atabyukijwe hakiri kare.

Eisenkot yanditse kuri X ati “Netanyahu yahawe amakuru amuburira menshi zerekeye igitero cyo ku wa 7 Ukwakira, ariko yose arayirengagiza. Ntakwiye kuba mu mwanya arimo.”

Naftali Bennett, wahoze ari Minisitiri w’Intebe na we uri kwiyamamariza kongera kwisubiza iyi ntebe, yavuze ko Netanyahu agomba kubazwa iki gitero cyiciwemo Abanya-Israel benshi mu mateka y’iki gihugu.

Bennett yagize ati “Netanyahu ntakwiye gukomeza kuba mu mwanya arimo yewe nta n’umunota akwiye kongererwaho.”

Haaretz yavuze ko uwari umuyobozi wa Hamas, Yahya Sinwar, waje kwicwa na Israel, yari yaburiye uwahoze ari umuyobozi muri Palestine ko bari gutegura “igikorwa giteye ubwoba”.

Nk’uko icyo kinyamakuru kibitangaza, uwahawe umuburo yahise ageza ubwo butumwa ku mujyanama we muri UAE, na we abugeza ku muyobozi w’icyo gihugu, waje guhamagara Netanyahu.

Ikinyamakuru Haaretz, cyifashishije ahanini amakuru yatanzwe n’abantu batatangajwe amazina, cyavuze ko Netanyahu yasubije uwo muburo mu buryo bugaragaza kwihagararaho.

Imibare yatangajwe n’inzego za Israel igaragaza ko, icyo gitero cyahitanye abantu 1.221. Abarwanyi bashimutira muri Gaza abantu bagera kuri 251, abantu 44 muri bo bakaba bari bamaze gupfa, mu gihe ibitero bya Israel bimaze guhitana abarenga ibihumbi 73.

Netanyahu ku gitutu cy’uko yaba yaraburiwe iby’igitero cyagaritse ingogo mu Banya-Israel akaryumaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages