Abantu barenga 350 ni bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’iyi mpanuka muri Nepal, mu gihe abayobozi bo mu Bushinwa batangaje ko abantu babiri bapfuye, abandi batatu bakaba bakomeje gushakishwa.
Mu babuze harimo abanyamahanga barenga 700.
Amashusho yafashwe n’abatuye ku ruhande rwa Tibet yagaragaje ibyondo n’imyanda byamanutse bigasenya inyubako, bikangiza imihanda ndetse bigatwara abantu bageragezaga guhunga.
Nepal ni igihugu gikunze gusurwa n’abantu benshi, bamwe mu baburiwe irengero ni abanyamahanga.
Imirimo yo gutabara yakomeje kugorwa n’uko imihanda myinshi yangiritse. Abatabazi bakomeje gushakisha ababuze, mu gihe inzego zitandukanye zageragezaga gufasha abaturage bagezweho n’iyi mpanuka.
Abatabazi bavuze ko iki kiza cyatumye imiryango myinshi ibura aho ikinga umusaya, ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’ibanze bikomeza kubura.
Ibihugu bitandukanye byatangaje ko byiteguye gutanga ubufasha, birimo ibikoresho byo gutabara, ibiribwa ndetse n’abakozi bazafasha mu bikorwa byo gushakisha no gufasha abahuye n’ingaruka z’iyi myuzure.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!