Ibi byabaye ku wa Gatatu ubwo uyu mugabo nyuma yo kwica abantu 12 na we yahise yiyahura.
Ubuyobozi bwavuze ko ku munsi w’Umwaka Mushya uwo mugabo yanyweye inzoga umunsi wose nyuma aza gushyamirana n’abandi bakiriya bari muri iyo restaurant iherereye muri aka gace.
Nyuma y’ubwo bushyamirane, Martinovic yasubiye mu rugo iwe ajya kuzana imbunda, abakiriya bari muri iyo restaurant arabarasa hapfamo benshi barimo na nyiri restaurant n’abana be.
Martinovic yakomereje ahandi hantu hatandukanye yica abandi bantu barimo abo mu muryango we bahafi n’umuryango mugari.
Polisi nyuma yo kumukurikirana bamutegetse gushyira intwaro ye hasi ubwo bamufataga, gusa yaje kwirasa apfa ubwo bamujyanaga ku bitaro.
Ubuyobozi bw’igihugu bwatangaje ko bushyizeho iminsi itatu guhera kuri uyu wa Kane, mu rwego rwo kunamira abahasize ubuzima.
Amakuru ahari ni uko hari abarokotse bajyanywe mu bitaro bakomeretse cyane.
Minisitiri w’intebe wa Montenegro, Milojko Spajic, mw’itangazo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko “ibi ari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byateje agahinda gakabije kuri twese.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!