00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yashimangiye ko ashaka kohereza ingabo muri Ukraine

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 March 2025 saa 09:44
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yashimangiye ko agitekereza kohereza ingabo z’icyo gihugu muri Ukraine kugira ngo zibungabunge amahoro nyuma y’intambara iki gihugu cyashojweho n’u Burusiya.

Ibi yabibwiye ikinyamakuru Fox News ubwo yari avuye mu nama ye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

Starmer yavuze ko ibihugu by’u Burayi bikeneye kugira icyo bikora ko ndetse u Bwongereza bwiteguye kugira uruhare rukomeye rurimo no kohera ingabo.

Yagize ati “Ibihugu by’i Burayi birimo u Bwongereza, bushaka kubigiramo uruhare rwuzuye.”

Ku rundi ruhande, Amerika iri mu biganiro n’u Burusiya bigamije guhosha intambara yo muri Ukraine, yavuze ko nta agahunda ifite yo kohereza ingabo muri Ukraine.

Trump kandi yavuze ko nta gahunda afite yo koherereza ubufasha Ingabo z’u Bwongereza mu gihe zajya muri Ukraine, kabone nubwo zaba zisumbirijwe n’iz’u Burusiya, kuko u Bwongereza bwihagije.

U Burusiya bwihanangirije ibihugu by’i Burayi bishaka kohereza ingabo muri Ukraine, buvuga ko igihugu kizazoherezayo kitabiherewe uburenganzira n’Umuryango w’Abibumbye, kizafatwa nk’igiteye u Burusiya.

Starmer yashimaniye ko u Bwongereza buzagira uruhare rukomeye mu kugarura amahoro muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .