Ni ubwa mbere Bart yari yitabiriye ibirori byo kwizihiza uyu munsi nka Minisitiri w’Intebe. Yitabiriye ibice bibiri byawo birimo amasengesho (Te Deum) n’akarasisi ka gisirikare kabereye ku mbuga nini i Bruxelles.
Bart yabajijwe niba ashobora kuvuga ngo "Harakabaho u Bubiligi", yasubiJe ko bidashoboka kuko imyemerere ye nk’umunyamuryango w’ishyaka N-VA ry’Aba-Flammands idahura n’iyi nteruro.
Yagize ati “Oya kubera ko nubaha imyemerere y’abantu bose, ariko n’iyanjye igomba kubahwa. Ntabwo ngiye gusara kubera umuntu.”
Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi yabwiye umunyamakuru ko atari akwiye kumubaza iki kibazo, kuko ari ukugerageza kumugusha mu mutego wa politiki.
Minisitiri w’Ingabo w’u Bubiligi, Théo Francken, na we yanze kuvuga “Harakabaho u Bubiligi”, bitewe n’imyemerere ahuje na Bart kuko na we ari umunyamuryango wa N-VA, ahitamo kuvuga ati “Harakabaho ingabo.”
U Bubiligi bugizwe n’abaturage bo mu byiciro bitatu: Aba-Flammands bavuga Igiholandi batuye mu majyaruguru, Aba-Wallons bavuga Igifaransa ndetse n’ab’i Bruxelles bavuga indimi zitandukanye.
Aba-Flammands bashinze ishyaka N-VA (Nieuw-Vlaamse Alliantie) rishyira imbere politiki y’ubwoko bwabo, bagaragaje kenshi ko bifuza kwigenga, aho gukomeza kuyoborwa byuzuye n’ubutegetsi bw’i Bruxelles.
Minisitiri w’Intebe Bart mu 2010 yigeze kuvuga ko u Bubiligi bwunze ubumwe butazashoboka, ikaba ari yo mpamvu we n’abandi banyamuryango ba N-VA bashimangira ko amajyaruguru y’iki gihugu akwiye kugira imiyoborere yigenga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!