00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Meta igiye kugabanya umubare w’abakozi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 February 2025 saa 07:52
Yasuwe :

Ikigo cya Meta kigiye kugabanya 5% by’umubare w’abakozi gikoresha hirya no hino ku Isi, bikavugwa ko kizabasimbuza abandi bakozi ariko bafite ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI).

Amakuru avuga ko abakozi birukanwa biganjemo abo muri Afurika na Aziya, cyane cyane mu bihugu bidashyiraho amabwiriza akarishye mu bijyanye no kwirukana abakozi.

Byitezwe ko abo mu bihugu birimo u Budage, u Butaliyani, u Bufaransa n’u Buholandi ku Mugabane w’u Burayi, batari bugerweho n’izi ngaruka bitewe n’amategeko y’ibihugu byabo, ashobora gukora mu nkokora abakozi ba Meta, gusa byitezwe ko iki cyemezo kiri bukurikizwe mu bindi bihugu by’u Burayi birenga 10.

Meta iri kwifuza kugira uruhare mu rugamba rw’ihangana n’ibindi bigo, cyane cyane mu guteza imbere ikoranabuhanga rya AI, aho iki kigo kiri gusiganwa n’ibindi nka Google, Nvidia, Amazon ndetse n’ibigo bishya biri guturuka mu Bushinwa, byose byifuza kugira ijambo mbere y’ibindi kuri iri koranabuhanga ryitezweho guhindura Isi mu myaka iri imbere.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .