00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Menya byose biteganyijwe mu gushyingura Ayatollah Ali Khamenei; ikiriyo gikora mu nkovu za Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 July 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Iran yatangiye iminsi irindwi y’ikiriyo n’imihango yo gushyingura Ayatollah Ali Khamenei, wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu, wishwe ku wa 28 Gashyantare 2026 mu gitero cy’indege cyahuriweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel.

Iyi mihango izabera mu mijyi itandukanye yo muri Iran na Iraq kuva ku wa 3 kugeza ku wa 9 Nyakanga 2026, mbere y’uko ashyingurwa i Mashhad, umujyi yavukiyemo kandi ufatwa nk’ahantu hatagatifu cyane ku Bayisilamu b’Aba-Shia.

Khamenei yapfuye afite imyaka 86, nyuma y’imyaka 37 ayoboye Iran nk’Umuyobozi w’Ikirenga. Yari yarasimbuye Ayatollah Ruhollah Khomeini mu 1989, nyuma y’urupfu rw’uwo wafashwe nk’umubyeyi w’Impinduramatwara ishingiye ku idini ya Islam yo mu 1979.

Khamenei yiciwe hamwe na bamwe mu bo mu muryango we mu gitero cyagabwe ku rugo rwe ku munsi wa mbere w’intambara yahuje Iran na Amerika ifatanyije na Israel.

Gushyingura kwe byari biteganyijwe muri Werurwe, ariko birasubikwa kubera ko intambara yakomeje gukaza umurego.

Ahari umwotsi ni ho hari urugo rwa Ayatollah Ali Khamenei, ni naho yapfiriye nyuma y'ibitero bya Amerika na Israel

Ibiteganyijwe ku wa 3 Nyakanga

Imihango yatangiye ku wa 3 Nyakanga i Tehran, aho abayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye, abanyapolitiki bakuru, abayobozi b’idini biteganyijwe ko bari bujye kumusezeraho.

Uyu munsi ufatwa nk’intangiriro y’umuhango aho Iran ishaka kugaragaza ko nubwo yahuye n’igihombo gikomeye, inzego zayo zigifite ubushobozi bwo gutegura igikorwa kinini kandi gifite uburemere mpuzamahanga.

Ni na wo muhango wa mbere ukomeye wa Leta uba ku butegetsi bwa Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ali Khamenei wamusimbuye ku mwanya w’Umuyobozi w’Ikirenga.

Ku wa 4 na 5 Nyakanga: Abaturage bazamusezerera muri Grand Mosalla

Ku wa 4 na 5 Nyakanga, umurambo wa Khamenei n’iy’abagize umuryango we bazaba bari muri Grand Mosalla ya Tehran, kugira ngo abaturage babashe kubasezeraho.

Grand Mosalla ni imbuga nini iberamo amasengesho n’ibikorwa bikomeye bya Leta. Ni ahantu hakunze kubera imihango y’idini, ibirori bya Leta n’ibikorwa bifite ubutumwa bukomeye ku gihugu.

Biteganyijwe ko abantu benshi bazambikwa imyenda y’umukara, bagatonda umurongo wo kunamira umuntu wayoboye Iran mu bihe bikomeye birimo ibihano mpuzamahanga, intambara, impinduka za politiki n’ihangana rikomeye na Amerika na Israel.

Grand Mosalla ni imbuga ngari iri i Tehran izaberamo umuhango wo gusezera Ayatollah Ali Khamenei

Ku wa 6 na 7 Nyakanga: Tehran na Qom hazabera amasengesho

Ku wa 6 Nyakanga, imihango izakomereza mu bice bitandukanye bya Tehran, aho hazaba imyiyereko yo kumuherekeza. Bukeye bwaho, ku wa 7 Nyakanga, ibikorwa bizakomereza i Qom, umujyi uri mu bilometero hafi 120 mu majyepfo ya Tehran.

Qom ni umujyi ukomeye cyane mu myemerere y’Aba-Shia. Ni ho hari amashuri akomeye yigisha tewolojiya ya Islam, kandi na Khamenei yahize mbere yo gukomeza urugendo rwe rwa politiki.
Kujyana umurambo we i Qom bifite igisobanuro gikomeye, bifatwa nko kwerekana ko atari umutegetsi wa politiki gusa, ahubwo yari n’umuyobozi w’idini.

Umujyi wa Qom ni umwe mu izaberamo umuhango wo gusezera kuri Ayatollah Ali Khamenei

Ku wa 8 Nyakanga: Ikiriyo kizambuka kijye muri Iraq

Ku wa 8 Nyakanga, umurambo wa Khamenei uzajyanwa muri Iraq, aho uzakirirwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Najaf. Nyuma hazaba imihango yo kumuherekeza mu mijyi ya Najaf na Karbala.

Najaf ni umwe mu mijyi mitagatifu ku Bayisilamu b’Aba-Shia, kuko ari ho hari ingoro yitiriwe Imam Ali ibn Abi Talib, ufatwa nk’umwe mu bantu bakomeye cyane mu mateka ya Islam y’Aba-Shia.

Ku wa 9 Nyakanga: Gushyingurwa i Mashhad

Nyuma y’imihango yo muri Iraq, umurambo wa Khamenei uzasubizwa muri Iran, ushyingurwe ku wa 9 Nyakanga mu ngoro ya Imam Reza i Mashhad.

Mashhad ni wo mujyi mutagatifu kurusha indi muri Iran. Ni na ho Khamenei yavukiye mu 1939, ahakurira kandi ahatangirira amasomo ye y’idini mbere yo gukomereza i Qom.

I Mashhad ni ho Ayatollah Ali Khamenei azashyingurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages