Urukiko rw’ubujurire rwahamije Marine Le Pen cyemezo ’icyaha cyo kunyereza amafaranga y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ariko avuga ko azajuririra iki cyemezo cy’urukiko.
Urukiko rwamugabanyirije igihe yari yarabujijwe kwiyamamaza kiva ku mezi 60 agirwa 45, harimo 30 asubitse, ariko Le Pen akomeza kuvuga ko azajuririra urukiko rusesa imanza mu Bufaransa.
Nyuma y’isomwa ry’urubanza, Le Pen yahise atangiza urubuga rwe rwo kwiyamamaza ndetse asaba abatora kumushyigikira, ibintu bitigeze bibaho mu mateka y’igihugu, aho umukandida ashaka kuyobora igihugu nyamara yarahamijwe icyaha kijyanye no gukoresha nabi umutungo wa Leta.
Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo TF1 nyuma y’amasaha make urukiko rutangaje icyemezo, Le Pen yagize ati “Uyu munsi ndi umukandida mu matora ya Perezida. Abafaransa ni bo bazagira ijambo rya nyuma.”
Le Pen umaze igihe ayoboye mu ikusanyabitekerezo rikorwa mu baturage, yavuze ko azajyana ubujurire mu rukiko rusesa imanza. Ubu bujurire abutanze bwatuma icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire kidahita gishyirwa mu bikorwa.
Mu bihano yahawe harimo kwambara igikomo cy’ikoranabuhanga ku kaguru, mu gihe agomba kumara amezi 15 adahatanira imyanya mu matora, aya mezi akazabarwa guhera muri Werurwe 2025. Mbere yari yahanishijwe gukumirwa imyaka itanu mu bikorwa byo guhatanira umwanya muri politiki
Muri icyo gihe, National Rally yari yaratangiye gutegura uburyo umusore w’imyaka 30, Jordan Bardella, ushyigikiwe cyane na Le Pen yazaba umukandida w’ishyaka mu gihe Le Pen atabasha kwitabira amatora.
Ishyaka rya Le Pen riyoboye mu ikusanyabitekerezo mbere y’amatora ateganyijwe muri Mata 2027. Le Pen umaze kwiyamamaza inshuro eshatu atsindwa mu matora y’umukuru w’Igihugu, ubu yizera ko abaturage bashobora kwirengagiza icyemezo cy’urukiko cy’uko yahamijwe icyaha.
Ati “Nta buryo na bumwe busigaye bwatuma ntaziyamamaza mu 2027.”
Yabwiye TF1 ko ubujurire bwe mu rukiko rusesa imanza buzamuha uburenganzira bwo kwiyamamaza atambaye igikomo. Urukiko rukuru rusesa imanza rwigeze kuvuga ko mu gihe habaho ubujurire ruzagerageza gufata icyemezo ku rubanza rwa Le Pen mbere y’uko amatora aba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!