Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwasohoye impapuro zo guta muri yombi Netanyahu mu Ugushyingo 2024, rumushinja ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu bivugwa ko byakorewe muri Gaza, birimo kwicisha abantu inzara ndetse n’ibindi bikorwa bifatwa nk’ubugome.
Mamdani, wigeze kuvuga ko ibikorwa bya gisirikare bya Israel muri Gaza ari Jenoside, mu gihe yiyamamarizaga kuyobora New York yavuze ko azata muri yombi Netanyahu naramuka ageze muri uwo mujyi.
Mu kiganiro cya The New York Times cyitwa “The Interview” cyatambutse ku wa Gatandatu, Mamdani yabajijwe niba agifite uwo mugambi.
Yasubije ati “Nizera ko Minisitiri w’Intebe Netanyahu akwiriye kuba ari i La Haye” aho icyicaro cya ICC giherereye kandi haburanishirizwa abakekwaho ibyaha bikomeye mpuzamahanga.
Yakomeje agira ati “Yagize uruhare mu byaha by’intambara yashinjwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, kandi icyo gitekerezo gishyigikiwe n’abantu benshi kubera gusa ibyo ibikorwa bye yakoze mu myaka myinshi ishize.”
Abahagarariye ibihugu byabo mu bikorwa bya Loni akenshi bahabwa ubudahangarwa mu gihe bari ku butumwa bwemewe n’amategeko. Ibi bishobora gutuma gufata Netanyahu bigorana mu gihe yaba yitabiriye ibikorwa bya Loni.
Nubwo bimeze bityo, Mamdani yavuze ko ari kugirana ibiganiro n’ishami ry’amategeko ry’Umujyi wa New York kugira ngo harebwe uburyo bwose bushoboka byakorwamo.
Yagize ati “Icyo amategeko anyemerera gukora mu Mujyi wa New York ni cyo tuzakora. Ariko ntituzashyiraho amategeko yacu bwite kugira ngo tugere kuri iyo ntego.”
Ambasaderi wa Israel muri Loni, Danny Danon, yamaganye amagambo ya Mamdani, avuga ko aho guhangana n’ibibazo by’urwango rukorerwa Abayahudi, yahisemo gushyigikira urwango kuri Israel.
Danon yavuze ko Netanyahu azageza ikiganiro ku bazitabira Inteko Rusange ya Loni mu cyumweru cy’ibiganiro ku rwego rwo hejuru giteganyijwe kuva ku wa 22 kugeza ku wa 28 Nzeri, avuga ko ibyo Mamdani yavuze “bitazagira icyo bihindura.”
Abinyujije kuri X, Ambasaderi Danon yagize ati “Niba hari umuntu ukwiriye gufatwa, ni Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani.”
Netanyahu yavuze ko adahangayikishijwe n’ibyo Mamdani yavuze, amushinja “gushyigikira Hamas” no “kwanga Amerika.”
Nubwo Mamdani yarahiriye guta muri yombi Netanyahu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel ntabwo biri mu bihugu byemera Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC).
Ikindi kandi, amategeko ya Amerika abuza inzego z’ibanze nka leta cyangwa imijyi gufatanya n’uru rukiko mu bikorwa byo guta muri yombi abantu rusaba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!