Ibi yabigarutseho ku wa 21 Nzeri 2025, mu kiganiro yagiranye na CBS, aho yabajijwe icyo ibihugu by’i Burengerazuba biteganya gukoresha imitungo y’u Burusiya ifite agaciro ka miliyari 300 $ yafatiriwe ubwo iki gihugu cyatangizaga intambara muri Ukraine.
Ati “Twebwe icyo twitaho i ugukurikiza amabwiriza mpuzamahanga kabone nubwo turi mu bihe bidasanzwe, ntekereza ko nta muntu wemerewe gutwara amafaranga y’ikindi gihugu. Ni ukuvuga ngo tubikoze ntabwo twaba tukiri abizerwa.”
“Iyo ibihugu bitangiye kurenga ku mabwiriza mpuzamahanga akenshi biteza akaduruvayo rero twebwe icyo dukora ni ukuyakurikiza mbega ntabwo dushobora gufatira amafaranga y’u Burusiya nubwo yafatiriwe.”
Yakomeje avuga ko hari ibihugu by’i Burengerazuba byatangiye gukoresha amafaranga y’u Burusiya yafatiriwe mu rwego rwo gutera inkunga Ukraine bahanganye mu ntambara imaze imyaka igera muri itatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!