00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni yamaganye ifungwa ry’itorero ry’Aba-Orthodox muri Ukraine

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 2 January 2025 saa 03:05
Yasuwe :

Raporo ku burenganzira bwa muntu muri Ukraine y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, OHCHR, yashyizwe hanze ku wa Gatatu w’iki cyumweru, yagaragaje ko Ukraine yananiwe gutanga ibisobanuro bihamye ku mpamvu iri kwibasira Itorero ry’Aba-Orthodox rya Ukraine (Ukrainian Orthodox Church: UOC).

Muri Kanama 2024, Perezida wa Ukraine, Volodymr Zelensky yemeje umushinga w’itegeko ry’ifungwa ry’amadini afite aho ahuriye n’ayo mu Burusiya, muri Nzeri itegeko riremezwa.

Amwe mu madini y’ingenzi iri tegeko ryarebaga ni Itorero ry’Aba-Orthodox rya Ukraine (Ukrainian Orthodox Church: UOC) rifite inkomoko ku rindi nk’iryo ryo mu Burusiya (Russian Orthodox Church) risanzwe rizwi nka Moscow Patriarchate.

Iyi raporo yagize iti “Guhagarika idini ni icyemezo kibi kigira ingaruka ku burenganzira bw’abantu ku myizerere yabo kandi kigashyira mu kaga ubuzima bw’umuryango muri rusange, ibyo bikaba bigaragaza impamvu zo kubitangira ibisobanuro.”

Iyo raporo yagaragaje ko iri tegeko ryashyizweho na Ukraine rishobora guhungabanya uburenganzira bwa muntu bw’ibanze burindwa n’amategeko mpuzamahanga arengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Itorero ry’Aba-Orthodox mu Burusiya (Russian Orthodox Church) ryavuze ko guhagarikwa kw’itorero nk’iri muri Ukraine rifite abayoboke benshi cyane, bidakwiye kandi ari uguhonyora uburenganzira bwa muntu.

Arikiyepisikopi Igor Yakimchuk yagize riti “Buri wese yumva neza ko ari ikizira kubuza abantu gusenga.”

Abaturage bo muri Ukraine benshi basengera mu Itorero ry’Aba-Orthodox rya Ukraine (Ukrainian Orthodox Church: UOC).

Abaturage bo muri Ukraine benshi basengera mu Itorero ry’Aba-Orthodox rya Ukraine (Ukrainian Orthodox Church: UOC)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .