00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni yababajwe n’abasivile basaga ijana biciwe muri Gaza bagiye gufata imfashanyo

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 29 February 2024 saa 10:49
Yasuwe :

Umuhuzabikorwa wa Loni ushinzwe Ibikorwa by’Ubugiraneza n’Ubutabazi, Martin Griffiths yavuze ko nyuma y’amezi hafi atanu y’imbunda n’amasasu, ubuzima muri Gaza bukomoje kuba bubi dore ko abarenga 100 bishwe kuri uyu wa 29 Gashyantare 2024.

Mu butumwa yunyujije ku rukuta rwe rwa X, Martin yagize ati "Nyuma y’amezi hafi atanu y’ihanagana rikabije, Gaza iracyaturukamo amakuru adukomeretsa imitima. Mbabajwe n’abantu babarirwa mu magana bapfuye abandi bagakomereka ub, o hakwirakwizwaga inkunga y’ubutabazi mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Gaza uyu munsi".

Yakomeje ati "Ibi bibaye mu gihe umubare w’abamaze kwicwa muri Gaza kuva kuri 7 Ukwakira umaze kurenga 30.000. Abantu bari gupfa ku muvuduko uteye ubwoba".

Uyu muhuzabikorwa wa Loni yatangaje ubu butumwa, nyuma y’uko kuri uyu wa 29 Gashyantare 2024 ingabo za Israel zishe abasivile b’Abanya-Palesitine 104 abandi 706 bagakomereka.

Biciwe hafi y’amakamyo yari abazaniye ibyo kurya.

Iyi mibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yavuzweho n’abarimo Perezida wa Amerika, Joe Biden na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al-Thani, bemeranyije ko uru rupfu rukabije rw’abasivili rwasubije irudubi uburyo bwo guhagarika intambara binyuze mu bwumvikane bwari buteganyijwe vuba.

Abasivile basaga ijana bishwe kuri uyu wa Kane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages