Bwatangaje ko iyi mibiri yabonetse mu gice cyo mu Majyaruguru y’Umujyi wa Kufra, hakaba hari n’abandi bimurika 76 bari bafashwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi babohojwe.
Umujyi wa Kufra uherereye mu bilometero 1.712 uvuye mu Murwa Mukuru, Tripoli.
Ku wa Kane, Ishami rishinzwe umutekano mu gace ka Alwahat ko muri Libya ryatangaje ko hari imibiri 19 yabonetse mu mwobo uri hafi aho, mu gihe Ishami ry’Umuryango utabara imbabare muri Libya, Libyan Red Crescent, ryakuye imibiri y’abandi bimukira 10 mu mazi hafi y’icyambu cya Dila mu mujyi wa Zawiya.
Libya yakunze kuba inzira ikoreshwa cyane n’abimukira bahunga intambara n’ubukene mu bihugu byabo bashaka kugera i Burayi, aho banyura mu butayu no mu Nyanja ya Méditerranée.
Ubushinjacyaha Bukuru bwavuze ko hari itsinda ry’abagizi ba nabi ryashimuse aba bimukira binjiraga muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, rikabafata ku ngufu rikanabakorera iyicarubozo.
Batatu barimo babiri b’abanyamahanga n’umunya-Libya umwe bamaze gutabwa muri yombi nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’aba bantu, mu gihe inzego z’umutekano zatangiye gukusanya ubuhamya ku barokotse.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!