Iki gitero cyagabwe ku wa 14 Gashyantare 2025 cyakomerekeyemo Umuyobozi wungirije w’Ingabo za Loni ziri mu butumwa bwa UNIFIL, Maj. General Chok Bahadur Dhakal. Ni nyuma y’uko ubuyobozi bwa Liban bwari bwimye indege ya gisivile yari ivuye muri Iran uruhushya rwo kugwa ku Kibuga cy’Indege cya Beirut.
Itangazo ryasohowe na UNFIL rigira riti “Tubabajwe n’iki gitero gikomeye cyagabwe ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro zimaze igihe zigarura umutekano mu majyepfo ya Liban muri ibi bihe bigoye.”
UNFIL kandi yasabye ko hakorwa iperereza ryihuse ku kuri iki gitero.
Ingabo za Liban zahise zitabara bwangu zitatanya abigaragambyaga ndetse zivuga ko hakorwa ibishoboka byose abaturage bagabye igitero ku ngabo za Loni bakagezwa imbere y’ubutabera.
Imyigaragambyo yatangiye ku wa 13 Gashyantare 2025 ubwo leta ya Liban yahagarikaga ingendo z’indege zijya cyangwa ziva muri Iran, birakaza abaturage bituma bigabiza imihanda irimo n’ijya ku kibuga cy’indege.
Liban yahagaritse izi ngendo nyuma y’uko Israel itangaje ko Iran ikoresha indege z’abagenzi ishyiriye inkunga umutwe wa Hezbollah.
Urwego rushinzwe ingendo zo mu kirere rwa Liban rwatangaje ko ingendo zihagaritswe kuva ku wa 13-18 Gashyantare 2025 ariko abaturage ntibabikozwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!