Iyi mikoranire ya Mossad na Ambasade ya Ukraine muri Liban yatangajwe n’Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rwa Liban, Hassan Choukeir.
Uyu mugabo ukekwaho kuba intasi ya Israel yatawe muri yombi muri Nzeri 2025 n’inzego z’umutekano za Liban. Afite inkomoko muri Syria na Palestine, ariko akagira n’ubwenegihugu bwa Ukraine.
Binyuze mu bitero Israel yagabye i Beirut, uyu mugabo yabashije gutoroka gereza ahungira muri Ambasade ya Ukraine muri Liban nk’uko Russia Today yabitangaje.
Hassan Choukeir, yabwiye AFP ko “Ambasade ya Ukraine muri Liban yaduhamagaye idusaba kwemerera umuturage wabo bacumbikiye wabuze pasiporo, kuva mu gihugu akoresheje ikibuga cy’indege cya Beirut.”
Yakomeje avuga ko “Nyuma yo kugenzura amazina ye n’ifoto, twasanze ari uwahigwaga n’ubutabera bwa Liban, ndetse ari gukorwaho iperereza.”
Choukeir yasabye Ambasade ya Ukraine gutanga uyu mugabo kuko akekwaho kuba intasi ya Israel.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!