00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya Brésil yahagaritse ikoreshwa rya telefone zigezweho mu mashuri

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 14 January 2025 saa 11:13
Yasuwe :

Perezida wa Brésil, Luiz Inácio Lula da Silva yashyize umukono ku itegeko ribuza ikoreshwa rya telefone zigezweho mu bigo by’amashuri.

Iri tegeko rikubiyemo ingingo zigenga ikoreshwa rya telefone zigezweho mu mashuri. Abazemererwa kuzikoresha ni abafite ibibazo byihutirwa cyangwa se abafite ubumuga.

Minisitiri w’Uburezi, Camilo Santana, yabwiye abanyamakuru ko iri tegeko rizafasha ababyeyi kugenzura abana babo bajyaga kuri internet bakiri bato, bagahurirayo n’ibintu bibi.

Yagize ati “Turifuza ko nk’uko mu bihugu bitandukanye bimeze, ikoreshwa ryazo rizaba rishingiye ahanini ku masomo ndetse uyobowe n’umwarimu, akwerekera.”

Uyu mushinga washyigikiwe na benshi mu mitwe ya politiki, haba ku ruhande rwa Perezida Lula ndetse n’abamurwanya bari ku ruhande rwa Jair Bolsonaro wayoboye Bresil, ndetse n’ababyeyi b’abanyeshuri.

Ikusanyabitekerezo ryakozwe n’ikigo Pollster Datafolha gikora ubushakashatsi muri Bresil, ryagaragaje ko kimwe cya gatatu cy’abaturage babajijwe, bagaragaje ko bishimiye iri tegeko kuko telefone zigezweho zangiza abanyeshuri.

Perezida Lula da Silva ubwo yari amaze gushyira umukono ku itegeko rihagarika ikoreshwa rya telefone zigezweho mu mashuri
Ubushakashatsi bwerekana ko telefone ku ishuri zituma abana barangara, aho kugira ngo bakurikire amasomo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .