00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya Afghanistan yaciye inyubako zifite amadirishya agaragaza aho abagore bakorera imirimo

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 31 December 2024 saa 08:05
Yasuwe :

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Afghanistan, Hibatullah Akhundzada, yemeje itegeko rica amadirishya agaragaza ahantu hatandukanye abagore bakorera imirimo yabo, mu rwego rwo kurinda ko byakurura ibikorwa by’ubusambanyi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’iki gihugu, Zabihullah Mujahid, yasobanuye ko inyubako nshya zitagomba kujyamo amadirishya yerekena mu gikari, igikoni, ndetse n’ahandi hose umugore akorera akazi ke ko mu rugo, kandi ko inzu zifite ayo madirishya zigomba gufungwa.

Yagize ati “Kureba abagore bakora imirimo yo mu gikoni, igikari cyangwa bajya kuvoma amazi bishobora kuganisha ku bikorwa by’ubusambanyi.”

Inzego z’ibanze zibifite mu nshingano zizajya zigenzura ahubakwa kugira ngo harebwe ko niba iri tegeko ryubahirizwa.

Abatalibani kuva basubira ku butegetsi bwa Afghanistan mu 2021, bafashe ingamba zitandukanye zibuza abagore ibikorwa bimwe na bimwe ko kujya mu mashuri, kubakura mu kazi no gufunga inzu zitunganya imisatsi.

Izi ngamba z’Abatalibani zikomeje kwibazwaho cyane n’imiryango mpuzamahanga, kubera ingaruka mbi zigira ku burenganzira bw’abagore.

Amadirishya agaragaza aho abagore bakorera muri Afghanistan yaciwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages