Iki ni kimwe mu bihe bikomeye cyane mu mateka y’ubutabera bw’u Bufaransa, aho icyemezo cy’urukiko gifite ingaruka nini ku hazaza ha politike y’igihugu.
Nk’uko ubushakashatsi ku bitekerezo by’abaturage bubyerekana, Le Pen w’imyaka 57, uyobora ishyaka Rassemblement national (RN), ari mu bafite amahirwe menshi yo kuzayobora u Bufaransa mu gihe kiri imbere. Ariko icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire cyakoma mu nkokora izi nzozi mu gihe rwamuhamya icyaha cyo gukoresha nabi amafaranga y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi.
Mu mwaka ushize, urukiko rw’i Paris rwahamije uyu mugore icyaha cyo gukoresha nabi amafaranga yagenewe Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi.
Mu gihe Urukiko rw’Ubujurire rwamuhamya icyaha nk’uko byari byagenze mbere, ashobora guhanishwa imyaka ibiri y’igifungo n’imyaka itanu atemerewe gukora politiki.
Iyi ngingo yo kutemerewa kwiyamamaza ni yo ifatwa nk’ingenzi kurusha izindi zose, kuko ishobora guhita ishyira iherezo ku nzozi ze zo kuyobora u Bufaransa.
Jordan Bardella ashobora kumusimbura
Mu gihe Le Pen yaba atemerewe kwiyamamaza, uwamusimbura mu ishyaka rye ni Jordan Bardella w’imyaka 30.
Nubwo afite amahirwe hashingiwe ku ikusanyabitekerezo, benshi bavuga ko ubuto bwe n’uburambe buke bishobora kumugora mu gihe cyo kwiyamamaza.
Abanyamategeko ba Le Pen bavuga ko iki kirego gishobora kuba gifite impamvu za politiki, mu gihe ubushinjacyaha bwo busaba ko agomba guhanishwa kutemerewa kwiyamamaza.
Abasesenguzi bavuga ko icyemezo cyose kizafatwa kizagira ingaruka zikomeye ku hazaza ha politike y’u Bufaransa, cyane cyane mu matora y’umukuru w’igihugu.
Muri Werurwe 2025 nibwo uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, yakatiwe n’urukiko gufungwa imyaka ine no kwamburwa uburenganzira bwo kwiyamamariza ubutegetsi mu gihe cy’imyaka itanu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Le Pen, Ishyaka rye n’abandi bantu bakomeye muri ryo, bahamijwe ibyaha byo gukoresha nabi asaga miliyoni 3,3$ yari yatanzwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Inteko y’u Burayi yari yatanze amafaranga yo gukoresha mu kwishyura abakozi bafasha abayigize mu mirimo yabo ya buri munsi, Le Pen n’abandi 20 bo mu ishyaka rya Rassemblement National bayakoresha mu nyungu z’ishyaka ryabo.
Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa buvuga ko Le Pen yakoresheje ayo mafaranga yishyura abakozi b’Ishyaka rye mu Bufaransa aho kuba abafasha abagize Inteko ya EU.
Ibi bivuze ko iyi nteko yaba yarateye inkunga ibikorwa by’Ishyaka kandi bitemewe mu mategeko ya EU.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!