Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Mbere, Lavrov yavuze ko amagambo aherutse gutangazwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Johann Wadephul, agaragaza ko ingabo z’u Budage zigiye gukorana bya hafi n’iza Ukraine mu gusangira amasomo y’intambara, ari ikimenyetso cy’uko igihugu cye gikomeje kwinjira mu ruhande rwa Ukraine.
Lavrov yavuze ko icyo gikorwa ari ugukorana n’abo yise “aba-Nazi bashya”.
Yongeyeho ko u Budage butacyihishira ahubwo buri kugaragaza icyo yise imizi n’imyumvire y’Aba-Nazi. Lavrov yanenze kandi Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Ursula von der Leyen, amushinja gushyigikira intambara ya Ukraine ayita urugamba rwo kurengera “indangagaciro z’u Burayi”, nyamara ngo hakirengagizwa uburenganzira bw’abavuga Ikirusiya muri Ukraine.
Aya magambo ya Lavrov aje mu gihe u Budage bukomeje kuba umwe mu baterankunga bakomeye ba Ukraine mu ntwaro, bukaba bwaranavuze ko bushaka kugira ingabo zikomeye mu Burayi no kwitegura intambara ishobora kubaho n’u Burusiya mu 2029.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!