Yongeyeho ko ubu Ukraine yagiye ku bikorwa by’iterabwoba, kandi kubera ibyo, u Burusiya bugiye kongera gutekereza ku bijyanye n’ibiganiro by’amahoro.
Lavrov yavuze ko “izo ndege zose zasenywe n’ubwirinzi bw’Ingabo z’u Burusiya”, ashimangira ko ibi bikorwa bitazihanganirwa na gato, ndetse ko na bo bazabisubiza uko bashoboye.
Lavrov yavuze ko u Burusiya na bwo bwamaze gutegura aho buzagaba ibitero mu buryo bwo kwihimura ku byagabwe na Ukraine.
Yahamije ko icyo gikorwa gishobora kugira ingaruka ku bushake bwo kugerageza gukemura amakimbirane hagati ya Ukraine n’u Burusiya, ariko ntiyatanze ibisobanuro byihariye ku buryo bashobora guhindura intekerezo.
Ati “Ntabwo dushaka kwivana mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Icyakora bijyanye n’imyitwarire y’ubutegetsi bwa Ukraine buri kwitwara nk’igihugu cy’iterabwoba, uruhande rw’u Burusiya muri ibi biganiro ruzongera kurebwaho.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!