Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yatangaje ko abayobozi bo muri NATO bagerageje kwerekana ko ibikorwa byacyo byo kubungabunga ubusugire biteje akaga, igaragaza ko ibyo ari uburyarya.
Iyi Minisiteri yibukije ibihugu bigize NATO ko byemeranyije kongera amafaranga bishora mu gisirikare no gukorana kurushaho kugira ngo bizashobore guhangana n’abo bifata nk’abanzi.
Yakomozaga ku nama ya NATO yabereye muri Turikiya muri iki cyumweru, aho ibihugu bigize uyu muryango byagiranye amasezerano yo gukora no kugura ibikoresho bya gisirikare afite agaciro ka miliyari 50 z’Amadolari.
Mu mboni za Koreya y’Epfo, mu byo kongera amafaranga ashorwa mu rwego rw’ingabo mu bihugu by’inshuti za Amerika bigamije harimo guhungabanya ibihugu bifata nk’abanzi.
Iyi Minisiteri yagaragaje ko igitutu cya Amerika n’ibihugu by’inshuti gisaba Koreya ya Ruguru gusenya intwaro za nucléaire ntacyo gishobora kuyitwara cyangwa ngo gihagarike imigambi yayo.
Yasabye ko ahubwo, ibihugu by’inshuti za Amerika birimo Koreya y’Epfo n’u Buyapani ndetse n’ibindi byo muri NATO bikwiye guhagarika imishinga yo kongera intwaro za nucléaire, bigasenya n’izo bifite.
Koreya ya Ruguru yatangaje ko izakomeza kubungabunga ubusugire ndetse n’umutekano wayo ndetse n’uw’akarere, binyuze mu bikorwa by’imyitozo, isobanura ko ari uburenganzira bwayo.
Iri tangazo risohotse nyuma y’aho ku wa 10 Nyakanga, bitangajwe ko Koreya ya Ruguru yafashe ingamba zo kongera ubushobozi mu by’intwaro za nucléaire, haba mu mubare n’ubuziranenge.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!