Ku wa 21 Gicurasi 2025 ubwo Koreya ya Ruguru yari iri kumurika ubwato bunini bw’intambara bwikorera ibintu bipima toni 5000, bunyerera mbere bugwa mu mazi igice kimwe, ikindi gisigara imusozi.
Byabereye ku ruganda rw’icyo gihugu rukora amato ruherereye mu Mujyi wa Chongjin mu Majyaruguru ya Koreya ya Ruguru, ubwo bwato burangirika cyane.
Byabaye Perezida wa Koreya ya Ruguru areba, ndetse agaragaza uburakari bwinshi avuga ko icyo ari icyaha gikomeye, uwakigizemo uruhare wese agomba kukiryoza, kuko ari uburangare bukabije.
Ku ikubitiro mu batawe muri yombi harimo Umuyobozi Wungirije w’Ishami rishinzwe ibijyanye n’ikorwa ry’intwaro witwa Ri Hyong Son.
KCNA yatangaje ko ku wa 25 Gicurasi 2o25 na bwo hatawe muri yombi abandi barimo barimo Umuyobozi Mukuru ushinzwe gukora ibyo bikoresho muri Chongjin Shipyard, Kang Jong Chol, na Kim Yong Hak usanzwe ari umuyobozi wungirije ushinzwe ibijyanye n’ubuyobozi.
Byavuzwe ko kongera gusana ubwo bwato bw’intambara bizafata iminsi nka 10, ndetse Perezida Kim asaba ko ibyangiritse byasanwa mbere y’uko Kamena 2025 irangira.
Icyakora inzobere mu bijyanye n’ibyo bikoresho byifashishwa mu kurwanira mu mazi, zigaragaza ko iyo mirimo ishobora gutwara amezi atandatu nubwo Kim yasabye ukwezi.
Nka Carl Schuster wahoze atwara amato y’igisirikare cya Amerika kirwanira mu mazi yavuze ko gusana ubwo bwato bizagorana cyane bijyanye n’ingano y’amazi igice cyabwo cyinjiyemo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!