Itangazo ryashyizwe hanze n’iki gisirikare ku wa 9 Gashyantare 2026, rivuga ko saa 04:00 z’igitondo ku masaha yo muri Koreya y’Epfo ari bwo iyi ndege yakoze impanuka, ariko ntirigaragaza icyayiteye.
Ikimara gukora impanuka abapilote bayo bahawe ubutabazi bw’ibanze berekezwa ku bitaro, nyuma biza kumenyekana ko bahasize ubuzima.
Igisirikare cyahise gihagarika by’agateganyo gukoresha indege zose zo mu bwoko bwa AH-1S nyuma y’iyi mpanuka, kinashyiraho itsinda ryihariye rishinzwe gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.
Umwe mu myitozo yari irimo gukorwa, ni ukugerageza uburyo indege ishobora kugwa ku butaka mu bihe bigoye ntihabeho kuzimya moteri yayo ku buryo isaha n’isaha yakongera kuguruka, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’iki gisirikare.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!