00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamala Harris ashobora kongera guhatanira kuyobora Amerika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 October 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Kamala Harris wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ashobora kuzongera guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2028.

Mu kiganiro na BBC, Kamala wo mu ishyaka ry’Aba-Démocrates yatangaje ko umunsi umwe Amerika izagira Perezida w’umugore.

Umunyamakuru yamubajije ati “Ashobora kuba wowe?”, asubiza ati “Birashoboka.”

Kamala yasobanuye ko atarafata icyemezo kidasubirwaho ariko ko agifite ahazaza muri politiki. Ati “Ntibirarangira.”

Uyu munyapolitiki yashimangiye ko Perezida Donald Trump ari umunyagitugu, kuko uyu Mukuru w’Igihugu akomeje kugira ubutabera nk’igikoresho cye.

Ati “Yavuze ko azagira Minisiteri y’Ubutabera intwaro ye kandi ni byo yakoze.”

Kamala Harris yabaye umukandida mu matora ya Amerika asimbuye Joe Biden wayoboraga iki gihugu, nyuma y’aho bigaragaye ko uyu mugabo adafite ubushobozi bwo gukomeza kuyobora.

Trump yagize amajwi 312 y’inteko zitora, Kamala agira amajwi 226. Muri rusange, Perezida wa Amerika yarushije uyu mugore amajwi asanzwe arenga miliyoni ebyiri.

Kamala Harris afite icyizere ko Amerika izagira Perezida w'umugore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages