Ni raporo y’amapaji 345 yashyizwe ahagaragara n’Umujyanama Wihariye wa Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika, Robert Hur ku itariki ya 8 Gashyantare 2024.
Igaragaramo ibintu byinshi bigaragaza ko Perezida Biden hari amakosa yagiye akora ajyanye n’akazi bitewe no kuba hari ibyo atakibuka neza kuko ashaje.
Ibintu by’ingenzi BBC yagaragaje mu bigize iyo raporo ni uko ku munsi wa mbere n’uwa kabiri akoreshwa ikiganiro, Biden atibukaga neza igihe yabereye Visi Perezida wa Amerika ndetse n’igihe izo nshingano zarangiriye.
Ubusanzwe Biden yabaye Visi Perezida wa Amerika kuva mu 2008 kugeza mu 2016 ubwo Barack Obama yari ku butegetsi.
Ikindi cyagaragajwe nk’igikomeye ni uko hari amadosiye y’akazi uyu mukambwe w’imyaka 81 y’amavuko yasanzwe hari amadosiye akomeye yasanzwe hafi y’aho imbwa ye irara, no mu yindi myanda inyuranye y’ibikoresho byashaje mu rugo rwe ruri i Delaware.
Mu bindi byerekanywe ni uburyo Biden akiri Visi Perezida wa Barack Obama, hari ibyo batemeranyaga cyane cyane ku bijyanye no kurekera ingabo za Amerika muri Afghanistan.
Nubwo iyi raporo ivuga ibi ariko, Perezida Joe Biden yahakanye yivuye inyuma abamushinja gusaza ku buryo adakwiriye kongera kwiyamamariza Amerika, ashimangira ko nta kibazo afite mu bijyanye no kwibuka ndetse ko adakeneye uwo kumwibutsa ibintu byahise.
Biden yabwiye itangazamakuru ko ari we mukandida wujuje ibisabwa ku mwanya wa Perezida mu matora azaba mu mpera za 2024 .



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!