00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jeff Bezos yahigitse Elon Musk ku rutonde rw’abakize ku Isi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 6 March 2024 saa 04:18
Yasuwe :

Umunyemari Jeff Bezos kuri ubu niwe uyoboye urutonde rw’abantu bakize ku Isi, umwanya yasimbuyeho mugenzi we, Elon Musk.

Ku rutonde rwashyizwe hanze na Bloomberg ku wa Mbere tariki 4 Werurwe mu 2024, Jeff Bezos wamenyekanye cyane nka nyiri Amazon afite umutungo ubarirwa miliyari 200$, agakurikirwa na Elon Musk ufite miliyari 198$.

Iki kinyamakuru kigaragaza ko Elon Musk ufite ibigo birimo Tesla na SpaceX, mu gihe cy’umwaka yahombye miliyari 31$, mu gihe Bezos yungutse miliyoni 23$.

Guhungabana k’ubutunzi bwa Elon Musk kwatewe ahanini n’imigabane ya Tesla ikomeje kugwa. Ku wa Mbere gusa imigabane y’uru ruganda yaguye ku kigero kirenga 7%.

Muri Gicurasi mu 2023 nibwo Elon Musk yari yisubije umwanya wa mbere ku rutonde rw’abakize ku Isi, nyuma y’igihe cyari gishize awukuweho na mugenzi we w’Umufaransa, Bernard Arnault.

Jeff Bezos yongeye kuyobora urutonde rw’abakize ku Isi ahigitse Elon Musk

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages