00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yishe Mohammed Sinouar wari Umuyobozi wa Hamas

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 May 2025 saa 04:26
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko Ingabo ze zishe Mohammed Sinouar, wafatwaga nk’Umuyobozi wa Hamas nyuma y’aho Umuvandimwe we, Yahya Sinouar, yiciwe.

Netanyahu yabitangaje kuri uyu wa Gatatu imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ya Israel, aho yagize ati “Twishe Mohammed Sinwar”.

Ibinyamakuru byo muri Israel byatangaje ko Mohammed, umuvandimwe wa Yahya yishwe ku wa 13 Gicurasi mu bitero Ingabo za Israel zagabye mu gace ka Khan Younis.

Yahya Sinwar wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Hamas yishwe mu Ukwakira 2024 mu gitero gikomeye yagabweho mu nzu yari atuyemo muri Gaza.

Yahya Sinouar yishwe mu mwaka ushize wa 2024
Mohammed Sinouar wari usigaye ayobora Hamas, yishwe n'Ingabo za Israel
Benjamin Netanyahu yatangarije Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Gatatu ko uwari umuyobozi wa Hamas yishwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages