Ni igitero cyagabwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere. Gusa iki kigo cyahise gisubukura imirimo yacyo nyuma y’igihe gito.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyarashe kuri iki kigo kuko “ibikorwaremezo n’ibikoresho byacyo biri gukoreshwa n’igisirikare cya Iran, mu mwambaro w’imirimo y’abasivile.”
Mbere y’uko iki gitero kigabwa, Minisitiri w’Ingabo muri Israel, Israel Katz, yari yavuze ko “Igikoresho cy’icengezamatwara rya Iran kiri gusatira iherezo.”
Kugeza ubu ntiharatangazwa umubare w’abaguye muri iki gitero ndetse n’ibyo cyangije muri rusange.
Ku wa 13 Kamena 2025 nibwo Israel yatangiye kugaba ibitero byeruye kuri Iran, ishinja gufasha imitwe itandukanye irimo Hamas.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!