00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yahagaritse ibitero kuri Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 June 2026 saa 07:04
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yatangaje ko babaye bahagaritse ibitero bagabaga kuri Iran kuko barangije kwihorera ku byo iki gihugu cyabagabyeho ariko ko bidasobanuye ko intambara yarangiye.

Mu mashusho yanyujijwe kuri televiziyo, Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yavuze ko Iran na Hezbollah muri iki gihe ari bwo bidafite imbaraga ugereranyije n’ibihe byose byashize, ndetse yemeza ko Israel igiye kuba ihagaritse ibitero kuri Iran nubwo intambara itari yahagarara.

Ati “Ubu kurasa bibaye bihagaze kuko Israel yihoreye ku bitero byagabwe na Iran."

Ibinyamakuru byo muri Amerika bivuga ko ubwo Iran yarasaga misile muri Israel, Perezida Donald Trump yahamagaye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amusaba kudasubiza Tehran.

Nubwo Trump yasabye Netanyahu kudasubiza, ab’imbere muri Israel bo bakomeje kumushyiraho igitutu, bamusaba kurasa Tehran ndetse birakorwa

Netanyahu yavuze ko Iran niyongera guhirahira ikagaba ibindi bitero iraswa bikomeye.

Ati “Iran nikora ikosa ikongera kutugabaho ibitero, tuzasubizanya imbaraga nyinshi. Israel ifite uburenganzira busesuye bwo kwirwanaho kandi ikabikora ku rwego rwose byakenerwaho.”

Netanyahu yavuze ko yavuganye na Perezida wa Amerika Donald Trump kuri iyi ntambara by’umwihariko kuva ku Cyumweru ubwo impande zombi zatangiraga kurasanaho.

Iyi ni imwe mu nyubako zo muri Israel zagizweho ingaruka n'ibitero bya Iran
Iyi nyubako yo guturamo iherereye mu gice cya West Bank kiri mu biganza bya Israel
Israel yahise yihorera kuri Iran

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages