00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel ishobora gukomorera ibikomoka kuri peteroli bikinjira muri Gaza

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 2 November 2023 saa 07:40
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt. Gen. Herzi Halevi yatangaje ko bakomeje gukurikiranira hafi amakuru y’uko ibikomoka kuri peteroli muri Gaza byashize kandi ko biteguye gutanga inzira bikagerayo.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’iminsi inzego z’ubuvuzi n’imiryango mpuzamahanga batabaza, bagaragaza ko gufungira Gaza ibikomoka kuri peteroli biri gushyira mu kaga ubuzima bwa benshi.

Aljazeera yatangaje ko mu bitaro 35 biri muri Gaza, ibisigaye biri gukora ari 16 kubera ko nta bikomoka kuri peteroli bihari n’umuriro w’amashanyarazi ukaba warahagaritswe. Ni mu gihe buri kanya ibyo bitaro biri kwakira inkomere z’abarashweho n’ingabo za Israel.

Lt Gen Halevi yavuze ko biteguye gutanga inzira ibikomoka kuri peteroli bikinjira muri Gaza mu gihe bizaba bibaye ngombwa.

Ati “Kugeza ubu nta bikomoka kuri peteroli turajyanayo. Dukurikiranira hafi uko byifashe. Mu cyumweru gishize, batubwira ko ibikomoka kuri peteroli mu bitaro bigiye gushira nyamara ntibishire. Tuzabirebaho nibibaho, ibikomoka kuri peteroli bizarekurwa.”

Uyu muyobozi yavuze ko nibaramuka bemeye gukomorera ibikomoka kuri peteroli, nabwo bazakurikirana bakamenya ko ikoreshwa icyo yaganewe.

Ukwezi kugiye gushira Israel yinjiye mu ntambara nyuma y’ibitero yagabweho n’umutwe wa Hamas uyobora intara ya Gaza.

Ibitaro byinshi muri Gaza nta bikoresho bifite byo kwita ku barwayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages