Umuyobozi Mukuru w’Uruganda rwa mbere rukora ifumbire n’intungabihingwa ku Isi rwa Yara, Svein Tore Holsether yabwiye BBC ko gufungwa k’umuhora wa Hormuz ari ikibazo gikomeye ku gutunganya ibiribwa Isi ikeneye.
Yavuze ko ibura ry’ifumbire mvaruganda rishobora kuzatuma umusaruro ukomoka ku buhinzi uba muke, bikabyara indi ntambara y’ibiribwa. Ibihugu bikennye byo bizahura n’ingaruka zikomeye.
Holsether yashimangiye ko ubu ifumbire ingana na toni miliyoni 500 ikoze muri nitrogene itari gukorwa ku Isi kubera intambara yo muri Iran yafunze umuhora wa Hormuz.
Ati “Ibyo bisobanuye iki ku musaruro w’ibiribwa? Ndaza kubona amafunguro [amasahane] miliyari 10 atabonetse buri cyumweru kubera kubura ifumbire mvaruganda.”
Svein Tore Holsether yashimangiye ko kudakoresha ifumbire irimo nitrogene bishobora gutuma umusaruro w’ubuhinzi uzagabanyukaho 50%.
Yasobanuye ko ingaruka zo kubona umusaruro muke zizagaragara cyane mu bihugu bya Aziya y’Amajyepfo, Afurika na Amerika y’Amajyepfo.
By’umwihariko ibihugu byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara isanzwe ikoresha inyongeramusaruro itari nyinshi ni yo ishobora kuzahura n’ingaruka zikomeye.
Abasesenguzi bagaragaza ko intambara ya Amerika na Iran ikomeje gukaza umurego yazatuma ibiribwa bibona umugabo bigasiba undi.
Kugeza ubu akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli bidatunganyije kari hejuru y’amadorali 110 mu gihe mbere y’uko iyi ntambara itangira kari muri 70 $.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!