00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yavuze ko itigeze igambirira gusiba Israel ku ikarita

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 July 2025 saa 12:14
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko igihugu cye kitigeze kigira umugambi wo gusenya burundu Israel.

Mu kiganiro Minisitiri Abbas Araghchi yagiranye na Fox News ku wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, yavuze ko "Ntabwo byigeze biba muri politike ya Iran kuba yasiba Israel ku ikarita."

Yakomeje avuga ko nubwo bimeze gutyo, Iran izakomeza gushyigikira imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye ukubaho kwa Palestine.

Ati "Twemera ko iyi mitwe, Hamas, Hezbollah n’Aba-Houthis barwanira impamvu yumvikana. Twarabashyigikiye haba mu buryo bwa politike n’ubundi."

Uyu mudipolomate yavuze ko Amerika yahaye intwaro Israel kugira ngo yice abaturage ba Palestine.

Minisitiri Araghchi atangaje ibi nyuma y’igihe gito intambara igihugu cye cyari gihanganyemo na Israel irangiye, bigizwemo uruhare na Amerika.

Israel ishinja Iran n’ibindi bihugu bigendera ku mahame ya Isram umugambi mubi wo gushaka kuyisiba ku ikarita, nubwo ivuga ko bitazashoboka.

Minisitiri Abbas Araghchi yavuze ko Iran itigeze igambirira gusiba Israel ku ikarita

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages