00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yavuze ko idateze kuva ku izima mu gihe ikigabwaho ibitero

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 March 2026 saa 08:40
Yasuwe :

Ambasaderi wa Iran muri Loni, Ali Bahreini yatangaje ko bazakomeza kwirwanaho mu ntambara bahanganyemo na Israel na Amerika kugeza igihe ibitero igabwaho bizahagarara.

Uyu mugabo yabitangarije i Geneve ku wa 3 Werurwe 2026, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru.

Ali Bahreini yavuze ko mu gihe ubushotoranyi ikorerwa butarahagarara, itazahagarika intambara.

Ati “Nihagira ibirindiro byo mu gihugu gituranyi byifashishwa mu kuturasa cyangwa kuvogera ubusugire bw’ibindi bihugu, aho ni ho tuzarasa.”

Aljazeera yanditse ko kugeza ku wa 3 Werurwe 2026 humvikanaga urusaku rw’ibisasu bigwa mu Murwa Mukuru Tehran no mu yindi mijyi.

Iran yavuze ko igihugu cyose kizajya giturukamo igitero izajya ihita ikirasaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages