00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yavuze ko ibihano bishya Amerika iteganya gushyiraho bizananirana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 August 2026 saa 04:50
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yanenze ibihano bishya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gufatira Iran, avuga ko ari ikimenyetso cy’uko Washington iri mu bihe bigoye kandi itazabasha.

Yabitangaje ku Cyumweru nyuma y’uko Amerika yavuze ko ishobora gushyiraho ibihano bishya kuri Iran. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari muri Amerika, Scott Bessent, yavuze ko igihugu cye gishobora gushyiraho “ibihano bikomeye kurusha ibindi byose byigeze gushyirwaho” kuri Iran.

Araqchi yavuze ko ibihano bishya bitazahindura imyitwarire ya Tehran. Yagize ati “Kuba abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuye ku bikorwa bya gisirikare bakerekeza ku gukoresha ibihano bishya, bigaragaza ko izindi nzira zose zananiranye kandi ko bihebye.”

Yongeyeho ko Washington igomba kugirana ibiganiro na Iran mu buryo bwubwubahane.

Ati “Bagomba kuvugana na Iran mu buryo bwubaha kugira ngo haboneke igisubizo gishingiye ku butabera n’icyubahiro.”

Minisitiri Araqchi yavuze ko ibikorwa bya Amerika, birimo ibihano cyangwa ibikorwa bya gisirikare, byananiranye kandi ko n’ibihano bishya ntacyo bizageraho.

Yagize ati “Ntabwo twigeze dutinya. Ibikorwa byabo byose, yaba ibihano cyangwa izindi ntambwe za gisirikare bafashe, byarananiwe, kandi iki kibazo gishya na cyo kizananirana.”

Iran kandi yahuye n’ingaruka ku bikorwa byo gutwara ibikomoka kuri peteroli mu nzira ya Hormuz, bituma ibiciro bya lisansi bizamuka ku isoko mpuzamahanga.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na we yavuze ko igihugu icyo ari cyo cyose cyafasha Iran gishobora guhura n’ibihano by’ubukungu.

Iran yavuze ko ibihano bishya Amerika ishaka kuyifatira ntacyo bizageraho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages