Ni icyemezo cyatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 16 Kanama 2026.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran, Amir Hatami, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho nyuma y’uko habonetse “ubusabe bwinshi” bw’abantu bashaka kuyigiramo uruhare, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Leta, IRNA, byabitangaje.
Kugeza ubu, nta basirikare ba Amerika barwanira ku butaka bazwi ko boherejwe muri Iran muri iyi ntambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati, uretse abitabiriye igikorwa cyo gutabara umusirikare wari mu ndege ya Amerika yahanuwe muri Mata.
Hatami yagize ati “Umuntu wese uzica cyangwa agafata umusirikare wa Amerika wateye igihugu, akamushyikiriza inzego bireba, azahabwa igihembo kingana na 30.000$ n’Ingabo za Repubulika ya Kisilamu ya Iran.”
“Abagore b’intwari b’Abanya-Iran bazakora igikorwa nk’icyo bazahabwa igihembo cyikubye kabiri.”
Hatami yongeye gusaba Amerika kuva mu Burasirazuba bwo Hagati, avuga ko abasirikare bayo “batagifite uburenganzira bwo kwinjira mu Kigobe cy’Aba-Perse, Ikigobe cya Oman cyangwa mu Muhora wa Hormuz.”
Intambara hagati ya Tehran na Washington yatangiye ku wa 28 Gashyantare, ubwo Amerika na Israel byagabaga ibitero kuri Iran.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!