Abategetsi ba Iran n’ibitangazamakuru bya Leta bavuze ko ibitero byagabwe hakoreshejwe indege. Icukumbura rya BBC ryemeje ko igitero cyangije kimwe mu biraro byo mu ntara ya Hormozgan.
Igisirikare cya Amerika gikorera mu Burasirazuba bwo Hagati nticyatangaje urutonde rw’aho cyateye, ariko cyavuze ko ibikorwa byari bigamije guca intege ingabo za Iran.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari yatangaje mbere ko igihugu cye gishobora kugaba ibitero ku biraro n’ibikorwaremezo by’ingufu bya Iran kugira ngo bahatire Tehran gusubira ku meza y’ibiganiro byo guhagarika intambara.
Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel kuri Iran, byatumye Iran na yo yihorera itera Israel ndetse n’ibirindiro by’ingabno za Amerika biri mu bihugu byo mu Kigobe cy’aba-Perse.
Mu bitero biheruka, abategetsi bo mu ntara ya Hormozgan batangaje ko abantu barindwi bahasize ubuzima. Bavuze kandi ko ikibuga cy’indege cya Iranshahr, gari ya moshi ndetse n’ibiraro bitandatu byangijwe.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, yari yaravuze ko “kugaba ibitero ku baturage no ku bikorwa remezo bya gisivili nkana bishobora kuba icyaha cy’intambara.”
Ku rundi ruhande, Ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC) zavuze ko zagabye ibitero ku birindiro by’Abanyamerika muri Oman ndetse no ku bindi bikorwa biri muri Kuwait na Bahrain.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!