Ibi ni ibyavuye mu icukumbura ryakozwe na CNN, rigaragaza ko ibyinshi muri ibyo birindiro byari iby’ibanze Amerika yari ifite mu kigobe cy’Abarabu (Arabian peninsula).
CNN igaragaza ko Iran yagiye itera ibi birindiro yototera kwangiza uburyo bw’itumanaho bwa Amerika, radar n’ahabikwa indege za gisirikare, kuko ari ibikoresho bihenze kandi bigoye guhita usimbuza ako kanya.
Mu bikoresho byangijwe harimo indege ya Boeing E3 Sentry, ibarirwa nibura miliyoni 500$.
Umunyamakuru wakoze iri cukumbura, Tamara Qiblawi, yavuze ko mu biganiro bagiranye n’abantu barebaga ibi bikorwa byangirika, bemeje ko Iran yagabye ibitero bikomeye.
Ati “Batubwiye ko babonye ibitero bikomeye kurenza ibyo bahuye na byo muri Iraq na Afghanistan.”
Akomeza avuga ko hashigiwe ku makuru ya Minisiteri y’Intambara ya Amerika (Pentagon), Amerika yakuye abasirikare bayo barenga 90% mu myamya bariho muri iyi ntambara, ku mpamvu z’umutekano muke.
Intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo Amerika yagabaga ibitero muri Iran byasize byishe abayobozi bakuru bari mu nama i Tehran barimo Ayatollah Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran.
Imwe mu ngaruka zikomeye zatewe n’iyi ntambara ni ifungwa ry’inzira ya Hormuz inyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byoherezwa ku Isi yose, yafunzwe na Iran.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!