Kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Mata, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Iran yatangaje ko mu bahawe ibihano harimo George W Casey Jr wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Amerika, Joseph Votel na we wahoze mu buyobozi bw’igisirikare cya Amerika, Rudy Giuliani wahoze ari umushinjacyaha mukuru ku butegetsi bwa Donald Trump n’abandi.
Mu bandi bashyizwe ku rutonde harimo abagize uruhare mu gufatira ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze igihe zifatira Iran haba ku butegetsi bwa Perezida Trump cyangwa Barack Obama.
Iran imaze igihe ifatirwa ibihano kubera gukora intwaro kirimbuzi. Iran yagiye yihimura ifatira ibihano abandi bayobozi barimo na Trump.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!