00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yaburiye Amerika na Israel ko yiteguye gusubiza ibitero byose bishobora kuyigabaho

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 31 December 2025 saa 10:08
Yasuwe :

Umujyanama w’Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ali Shamkhani, yavuze ko igihugu cye cyiteguye gusubiza Amerika na Israel ku bitero ibyo ari byo byose ibi bihugu bishobora kuyigabaho.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aburiye Iran ko Amerika ishobora kongera kuyigabaho ibitero bikomeye mu gihe yagerageza kongera gusubukura gahunda yayo yo gukora intwaro za nucléaire.

Ibi yabivugiye mu biganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byabereye iwe muri Leta ya Florida.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Ali Shamkhani yahise asubiza aba bayobozi, avuga ko Iran ifite ingamba z’ubwirinzi zifite ubushobozi bwo kwirinda ibitero ibyo ari byo byose bishobora kwibasira iki gihugu mbere y’uko biba.

Yavuze ko nihagira igihugu cyohereza ibisasu muri iki gihugu nabo biteguye guhita basubiza vuba kandi mu buryo bukomeye ku buryo bizatungura uwari wagerageje kuyitera mbere.

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, nawe yashimangiye ko iki gihugu cyiteguye gusubiza ibitero bazakigabaho mu buryo bukomeye cyane.

Ati “Iran yiteguye gusubiza mu buryo bukomeye igihugu icyo ari cyo cyose kizayigabaho ibitero kandi izagisubiza ku buryo kizabyicuza mu buryo bukomeye.”

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yaburiye Amerika na Israel ko yiteguye gusubiza ibitero byose bishobora kuyigabaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages