Ikigo gishinzwe kurwanya ruswa, NABU, cyemeje ko iperereza ryakozwe nyuma y’uko gihawe uburenganzira. Hari hashize iminsi hari amakuru avuga ko abantu bo hafi ya Zelensky bamunzwe na ruswa.
Yermak yagize uruhare rukomeye mu rugamba Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya ndetse ko ni we uyoboye itsinda rya Ukraine riri mu biganiro bigamije amahoro biri kugirwamo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ukraine iri gushinjwa ruswa, ko hari amafaranga arenga miliyoni 100$ yari agenewe ibikorwa bigamije iterambere ry’abaturage muri ibi bihe by’intambara yanyerejwe.
Inzego ebyiri zishinzwe kurwanya ruswa muri Ukraine, Nabu na Sapo, zavuze ko zatahuye ibimenyetso by’uburyo amafaranga yagiye anyerezwa binyuze mu nzego za leta.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!